Abagize urwego rwa DASSO biyemeje kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana
Aba DASSO bahuguwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, bagera ku 150 baturutse mu gihugu hose baza bahagarariye abandi. Nyuma y’amahugurwa bahawe kuri uyu wa kane Tariki 11 Mutarama, 2018, biyemeje gutanga umusanzu wabo mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo, irishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana kandi bakazahugura bagenzi babo.
Abashinzwe umutekano ku rwego rw’akarere bazwi ku izina rya DASSO bahuguwe bahawe amasomo ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana. Muri aya masomo, basobanuriwe ihohoterwa icyo aricyo, uko rikorwa n’uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya iri hohoterwa. Atangiza aya mahugurwa yagenewe DASSO, Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF Madamu UMUTONI Gatsinzi Nadine, yavuze ko kimwe mu bibazo bikigaragara hirya no hino mu gihugu ari uko hari abagihishira abakoze ihohoterwa bigatuma abarikorewe badahabwa ubutabera.
Aha niho yahereye asaba abagize urwego rwa DASSO bitabiriye aya mahugurwa nk’urwego rushinzwe umutekano kandi rwegereye abaturage bakwiye kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ihohoterwa ndetse bagakangurira abaturage gutinyuka bakavuga ihohoterwa ribakorerwa n’irikorerwa mu miryango.
Yagize ati’ 'Kimwe mu bibazo bigaragara, ni uko hari ababyeyi n'abana bagihishira abahohotewe n'abakoze iki cyaha. Tugomba rero gukora ubukangurambaga, abantu bakumva uburemere bw'iki cyaha. Turasaba rero abagize DASSO kugira uruhare mu gukangurira abaturage bahohotewe kugana Isange One Stop Center kandi bagakumira ihohoterwa nk’abantu bashinzwe umutekano mu turere no mu mirenge aho batuye.’
Bamwe mu bagize urwego rwa DASSO bahawe amahugurwa, bavuga ko bahungukiye ubumenyi buzabafasha mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ndetse ngo bagiye gusangiza ubu bumenyi abandi.
‘Nyuma y’aya mahugurwa, twiyemeje kuzajya twitabira umugoroba w’ababyeyi, inama zo ku murenge, imidugudu, gusura abahohotewe bose tubigisha uko bakwirinda bakanakumira ihohoterwa. Uretse ibi, tuzashishikariza abaturage gutanga amakuru ku gihe kugira ngo ibimenyetso bidasibangana.’
Mu bindi abagize DASSO biyemeje, harimo kuba bagiye gukusanya imibare y’abahohotewe, gukorana n’inzego z’ibanze mu kugaragaza urutonde rw’abana batewe inda, kugira uruhare mu guta muri yombi ababateye inda no gutanga raporo z’ibikorwa n’ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ndetse ngo bazanahugura bagenzi babo baje bahagarariye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’imibereho myiza y’abaturage ari nayo ireberera urwego rwa DASSO nayo yemera ko uru rwego rukwiye kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo. Cyokora ngo haracyari inzitizi yo kuba abagize uru rwego bakiri bakeya ndetse no kuba bose badafite ubumenyi buhagije ku byaha birebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.
Topics
Kigali, 7 July 2026 - The Permanent Secretary Mireille BATAMULIZA, joined parents, educators, child development practitioners, and partners at the…
Kigali, 3 July 2026 – Minister of Gender and Family Promotion, Consolée Uwimana, officially inaugurated the Early Childhood Development (ECD) Centre…
Kigali, 26 June - Youth representatives from all districts across Rwanda gathered in a Youth Forum to discuss strategies for preventing and ending…
Kigali, 19 June 2026 – As part of the nationwide campaign to prevent and combat child defilement, running from 25 May to 30 June 2026, the Ministry of…
On 18 April 2026, Minister of Gender and Family Promotion, Hon. Consolée Uwimana, joined residents of Mwulire Sector in Rwamagana District for the…
On 11 April 2026, Minister of Gender and Family Promotion, Hon. Consolée Uwimana, joined residents of Muyumbu Sector in Rwamagana District for the 32n…
As Rwanda joined the global community on March 8, 2026, to commemorate International Women’s Day, the country embarked on a month-long celebration…
On 12 January 2026, the Minister of Gender and Family Promotion, Hon. Consolée Uwimana, launched the “Fresheri Ku Ishuri” (Freshness at School)…
From November 25 to December 10, Rwanda joined the global community in observing the 16 Days of Activism Against Gender-Based Violence (GBV), a…